Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Yajyaga avuga ALLAH AKBAR (Imana isumba byose) muri buri swalat y'itegeko no mu zindi...
Abu Hurayrat (Imana imwishimire) aratubwira bimwe mu byari bigize iswalat y'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), akatubwira ko yajyaga av...
Hadith yaturutse kwa Ibun Abass (Imana imwishimire we na se) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Nategetswe kubama...
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yagaragaje ko Allah yayitegetse ko igihe iri gusali izajya yubama ku ngingo z'umubiri zirindwi, ari z...
Hadith yaturutse kwa Abi Umamat yaravuze ati: Amri Ibun Abasat (Imana imwishimire) yaratuganirije avuga ko yumvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahor...
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko Allah Nyir'ubutagatifu aba ari bugufi y'umugaragu we muri kimwe cya gatatu cya nyuma c...
Hadith yaturutse kwa Djarir Ibun Abdillah (Imana imwishimire) yaravuze ati: Twari turi ku Ntumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ari mu ijoro...
Hadith yaturutse kwa Abu Mussa Al Ash'ariy (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahroo n'imigisha) yavuze iti: "Uzasali iswalat...
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yashishikarije kugira umurava mu gusali iswalat ebyiri zo mu mbeho ari zo Swalatul Fajri na Swalatul...
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Yajyaga avuga ALLAH AKBAR (Imana isumba byose) muri buri swalat y'itegeko no mu zindi mu kwezi kwa Ramadwan no mu bindi bihe, akavuga ALLAH AKBAR igihe ahagaze, n'igihe yunamye (Ruku'u), yarangiza akavuga ati: SAMI'ALLAHU LIMAN HAMIDAH: Allah yumva umushimira anamusingiza; hanyuma akavuga ati: “RABANA WALAKAL HAMDU: Nyagasani wacu ni wowe ukwiye ishimwe n’ikuzo, mbere y'uko yubama, yarangiza akavuga ati: ALLAH AKBAR (Imana isumba byose) igihe agiye kubama, yarangiza akavuga ALLAH AKBAR igihe yubamutse, hanyuma akongera akavuga ALLAH AKBAR igihe yongeye kubama, akongera akavuga ALLAH AKBAR igihe yubamutse, hanyuma akongera akavuga ALLAH AKBAR igihe ahagurutse, akabigenza atyo kuri buri gice (raka) kugeza ubwo asoje iswalat ye, maze yaba arangije akavuga ati: Ndahiye k'ufite roho yanjye mu kuboko kwe, ko iswalat yanjye yegera gusa n'iy'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha), kubera ko iyi ari yo swalat yakoraga kugeza ubwo yavaga muri ubu buzima bw'iyi si.
Hadith yaturutse kwa Abi Umamat yaravuze ati: Amri Ibun Abasat (Imana imwishimire) yaratuganirije avuga ko yumvise Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ivuga iti: "Allah aba ari hafi cyane y'umugaragu we mu gicuku cy'igice cya nyuma cy'ijoro, nushobora kuba mu bo Allah azazirikana muri ibyo bihe uzabemo."
Hadith yaturutse kwa Abu Mussa Al Ash'ariy (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahroo n'imigisha) yavuze iti: "Uzasali iswalat ebyiri zo mu bihe by'imbeho, azinjira mu ijuru."
Hadithi yaturutse kwa Djun'dubi Ibun Abdillah Al Qas'riy (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Uzasali iswalat yo mu rucyerera (A-Swub'hi) azaba ari mu burinzi bwa Allah Bityo Allah ibigendanye n'ubwo bwishingizi bwe, kuko uwo azabiryoza akabimubaza azabimuhanira, narangiza amurundumurire mu muriro wa Jahanamu.”